Menya abemerewe kwakira ubwishyu mu madovize hagendewe ku mabwiriza yihariye - Voice Of Africa

Menya abemerewe kwakira ubwishyu mu madovize hagendewe ku mabwiriza yihariye

Amabwiriza yo mu 2025 areba abakora ibikorwa by’ubucuruzi bemerewe kwakira amadovize n’ibisabwa kugira ngo wemererwe.

Agaragaza kandi ibyiciro by’abantu ku giti cyabo n’ibigo byemerewe kwakira ubwishyu mu madovize igihe hishyurwa ibicuruzwa na serivizi mu Rwanda bidasabye uruhushya muri BNR, bitewe n’imiterere y’ibikorwa akora bisaba kwakira amadovize.

Aya mabwiriza kandi agena uburyo n’ibisabwa ku bandi bashaka uruhushya rwo kwakira ubwishyu mu madovize.

Amabwiriza yihariye asobanura “Uwemerewe kwakira amadovize” nk’umuntu wahawe uburenganzira bwo gushyiraho igiciro no gukora ibikorwa by’ubucuruzi mu madovize bitewe n’imiterere y’ibikorwa akora bisaba kwakira amadovize.

Ni bande bemerewe kwakira amadovize?

Nk’uko bitaganywa n’amabwiriza yihariye, ibigo n’inzego byemerewe kwakira ubwishyu mu madevize, mu gihe bubahiriza izindi ngingo z’aya mabwiriza yihariye birimo:

A. Abashoramari bakora mu bikorwa by’ubwubatsi bafite icyangombwa cy’ishoramari gifite agaciro kandi bahawe uruhushya n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda rwo kwakira ubwishyu mu madovize;
b. Ibigo by’ubukerarugendo cyangwa ibigo by’ubwikorezi bifite uruhushya rufite agaciro rutangwa n’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda;
c. Ibigo byanditswe cyangwa byahawe uruhushya n’urwego rubifitiye ububasha kandi bikaba ari abanyamuryango b’igicumbi mpuzamahanga mu by’Imari cya Kigali, nk’uko byemejwe na Rwanda Finance Ltd;
d. Ikigo mpuzamahanga cy’Ubukemurampaka cya Kigali;
e. Abashoramari bakora mu bijyanye n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro;
f. Ibigo bitwara abantu n’ibintu mu kirere;
g. Ibigo bicuruza amatike y’indege;
h. Ubwikorezi bwo mu mazi bwambukiranya imipaka n’ibijyanye na bwo;
i. Amaduka adasora;
j. Kasino.
k. Amashuri mpuzamahanga, Kaminuza n’Amashuri Makuru;
l. Abagemurira cyangwa abatanga serivisi ku bakozi ba za ambasade, imiryango mpuzamahanga ya Loni, Konsila n’indi miryango mpuzamahanga bihuje inshingano bemerewe gukorera mu Rwanda;
m. Umukozi w’umunyamahanga wemerewe gukorera mu Rwanda, cyangwa undi mukozi ukorera ikigo gikoresha amadovize kiyakura hanze y’u Rwanda;
n. Ugemura cyangwa utanga serivisi ku bakozi b’abanyamahanga n’abantu bakira cyangwa binjiza amadovize aturutse hanze y’u Rwanda;
o. Undi muntu wese ushobora kwemererwa na Banki Nkuru.

Mu gusobanura ibishya bikubiye mu mabwiriza yihariye, Guverineri wa Banki Nkuru, Soraya Hakuziyaremye, yavuze ko amabwiriza yihariye yashyizweho akurikira ayo muri Gicurasi 2025, BNR yavuguruye amabwiriza agenga imikoreshereze y’amadevize.

Tags :

IZINDI NKURU WASOMA


Deprecated: File Theme without comments.php is deprecated since version 3.0.0 with no alternative available. Please include a comments.php template in your theme. in /home/ubwiru/voiceofafrica.rw/wp-includes/functions.php on line 6131

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Copyright © 2025 Voice Of Africa. Developed by Belie.Africa