Babifashijwemo n’indege ya Rwandair, Abahaji 72 bageze mu Bwami bwa Saudi Arabia aho bitabye umuhamagaro w’umutambagiro mutagatifu wa Hijja i Makka. Bakigera muri icyo gihugu, bakiriwe na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwami bwa Saudi Arabia, Eugène Segore Kayihura, wabakiriye mu buryo bwuje urugwiro, icyubahiro n’ubwitange. Mu butumwa yabagejejeho, Ambasaderi yabashyikirije intashyo za Perezida wa Repubulika […]