Inkiko z’u Rwanda ziracyabangamiwe n’ababurana urwa ‘ndanze’ - Voice Of Africa

Inkiko z’u Rwanda ziracyabangamiwe n’ababurana urwa ‘ndanze’

Yabigarutseho atangiza umwaka w’Ubucamanza wa 2025/26 kuri uyu wa Mbere, tariki 1 Nzeri 2025

Mukantaganzwa yavuze ko nubwo urwego rw’ubucamanza rwakoze ibishoboka ngo ruce imanza zose, umwaka w’ubucamanza wa 2024/25 warangiye usize imanza ibihumbi 58.323 zitaburanishijwe.

Mu manza zasigaye, izirengeje amezi atandatu zitaraburanishwa ni 26,862 zingana na 49%, zikabarwa nk’ibirarane.

Ati “Uyu mubare munini w’imanza mu nkiko utuma buri gihe habaho ibirarane, uterwa ahanini n’imyumvire ikiri hasi y’abagana inkiko n’Abanyarwanda muri rusange ku ikemurwa ry’ibibazo mu bwumvikane, kuko benshi bumva ko ibibazo byabo bigomba gukemuka biciye mu iburanisha ry’urubanza hakaboneka utsinda n’utsindwa.

Ikindi gituma habaho ibi birarane hazamo no kutemera cyangwa kutanyurwa n’ibyemezo by’inkiko bituma ababuranyi biyemeza kuburana urwa ndanze, bakarangiza ibyiciro byose by’iburanisha ndetse bakagera no mu nkiko hafi ya zose uwatsinzwe agakomeza kujurira kubera kwanga kuva ku izima.

Raporo y’Urwego rw’Ubucamanza igaragaza ko mu mwaka wa 2023/2024, imanza z’ibirarane zari 44.799; zingana na 59%. Imibare igaragaza ko mu myaka y’ubucamanza ibiri ishize, imanza z’ibirarane zagabanyutseho 10%.

Imanza zarangiye hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane hagati y’ubushinjacyaha n’uregwa, ni 15.012; zingana na 14% y’imanza zinjiye mu nkiko mu 2024/25.

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, akaba na Perezida w’Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda, Mukantaganzwa Domitilla yabaoneyeho gusaba abagana inkiko kumva ko gukemura ibibazo mu bwumvikane ari uburyo bwo gutanga ubutabera bwihuse, budahenze kandi busigasira umubano mwiza hagati y’abafitanye ikibazo.

Tags :

IZINDI NKURU WASOMA


Deprecated: File Theme without comments.php is deprecated since version 3.0.0 with no alternative available. Please include a comments.php template in your theme. in /home/ubwiru/voiceofafrica.rw/wp-includes/functions.php on line 6131

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Copyright © 2025 Voice Of Africa. Developed by Belie.Africa