Maroc: Abantu 8 bishwe n’inzoga, abandi barenga 100 bajya mu bitaro - Voice Of Africa

Maroc: Abantu 8 bishwe n’inzoga, abandi barenga 100 bajya mu bitaro

Intandaro y’ibyo byago nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cy’aho muri Maroc cya H24, yaturutse ku nzoga ikorwa ari uruvange rwa ‘alcool classique’ n’ibyitwa ‘méthanol’ ndetse na ‘alcool chimique’ bakura muri gaz isanzwe cyangwa se mu makara, ibyo bikaba bigira ingaruka zikomeye ku buzima.

Abagurisha izo nzoga z’inkorano zateje ibibazo, ngo bazigurisha ku giciro gitoya cyane ugereranyije n’inzoga zisanzwe zemewe zujuje ubuziranenge, bigatuma abantu bazigura ku bwinshi none abagera kuri 15 bamaze kuhasiga ubuzima guhera mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Kamena 2024 nk’uko byatangajwe na Radio mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI).

Mu iperereza ryahise ritangizwa, hari abagabo babiri bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kuba barabigizemo uruhare, umwe w’imyaka 41 n’undi w’imyaka 21, nubwo na bo ngo ubuzima bwabo butari bumeze neza babanza kujyanwa mu bitaro bya Kénitra, kugira ngo bitabweho nyuma batangire kwisobanura kuri iyo nzoga bakora bakanayicuruza none ikaba imaze kwica abagera kuri 15 mu bayinyoye.

Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe kwita ku buzima n’imibereho myiza y’abaturage mu gace ka Rabat-Salé-Kénitra, bwemeje ko abahuye n’icyo kibazo cyo kunywa iyo nzoga bapimwe bose bakabasangamo ikinyabutabire cya ‘méthanol’ ari cyo ahanini cyateje ingaruka ku buzima bwabo.

Muri rusange abo iyo nzoga y’inkorano yateje ibibazo ngo bagera ku 114, harimo abo bapfuye n’abandi bakiri mu bitaro bitandukanye byo muri ako gace.

Tags :

IZINDI NKURU WASOMA


Deprecated: File Theme without comments.php is deprecated since version 3.0.0 with no alternative available. Please include a comments.php template in your theme. in /home/ubwiru/voiceofafrica.rw/wp-includes/functions.php on line 6131

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Copyright © 2025 Voice Of Africa. Developed by Belie.Africa